IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF conducts third full scale Ebola simulation exercise in Rubavu
Rubavu, 24 May 2019
In the context of the on-going of the Ebola outbreak in DRC that was declared on 1 August 2018, a partnership between Rwanda…
Gen Nyamvumba officiates APORA VII closing ceremony
Kigali, 22 May 2019
Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS), Gen Patrick Nyamvumba today presided over the closing ceremony of the seventh…
Nigeria National Defence College students on study tour in Rwanda
Kigali, 20 May 2019
A delegation of 27 senior military officers from the National Defence College of Nigeria is in Rwanda for a regional study tour…
RDF hosts seventh African Partner Outbreak Response Alliance (APORA 2019)
Kigali, 20 May 2019
Rwanda Defence Force (RDF); through Rwanda Military Hospital and in partnership with the United States Air Forces Africa, is…
National Security Symposium 2019 wraps up at RDF Command and Staff College
Musanze, 15 May 2019
The three-day National Security Symposium 2019 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
Minister of Defence officially opens National Security Symposium 2019
Musanze, 13 May 2019
Minister of Defence Maj Gen Albert Murasira today opened the seventh National Security Symposium hosted by Rwanda Defence Force…
Rwanda Defence Force resumes blood donation campaign
11 May 2019
Rwanda Defence Force (RDF) and the National Centre (NBTC) for Blood Transfusion on Saturday resumed a blood donation drive in various…
RDF Command and Staff College to host the Seventh National Security Symposium
11 May 2019
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) in collaboration with the University of Rwanda (UR) will hold a three-day…
Government hosts UN Field Careers Briefing
Kigali, 8 May 2019
The Government of Rwanda through the Ministry of Public Service and Labour and Rwanda Defence Force (RDF) in partnership with the…
EAC Military medical specialists to join RDF in 2019 CIMIC activities
Kigali, 7 May 2019
Military Experts from the East African Community block are now in Rwanda for a two days meeting aimed at assessing and planning…