IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Rwandan Peacekeepers in South Sudan offer medical services to residents in Juba
Juba, 20 August 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) today conducted a medical outreach…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/22
Kigali, 19 August 2022
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/22
Kigali, 16 August 2022
1. H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE…
Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia-Cabo Delgado Province and Rwanda Security Forces help Internally Displaced Persons returning to their homes
Yesterday, on 13th August 2022, the Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia and Rwanda Security Forces received another batch of 437…
Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduate at the Royal Military Academy, Sandhurst UK
Today, Friday 12 Aug 22, Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduated and were commissioned to the rank of 2nd Lieutnant at a ceremony…
Rwandan Security Forces together with SADC forces rescue terrorist hostages
Cabo Delgado, 2 August 2022
Since April this year, Rwandan Security Forces together with the Mozambican Army and Southern African Development…
Benin Armed Forces Chief of Army Staff visits RDF Headquarters
Kigali, 23 July 2022
Today, Benin Armed Forces Chief of Army Staff, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI visited the Rwanda Defence…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 15 July 2022
Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…
Kenya Defence Minister holds discussions with Rwandan Counterpart at Defence Headquarters
Kigali, 15 July 2022
This morning, the Minister of Defence of the Republic of Kenya, Hon. Eugene L Wamalwa held discussions with Minister of Defence…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and regional security
Kigali, 13 July 2022
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today held a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters, Kimihurura. They…