IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
ZIGAMA CSS GENERAL ASSEMBLY APPROVES BUSINESS PLAN FOR THE YEAR 2023
Kigali, 25 November 2022
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura. The General Assembly discussed and…
Defence Attachés accredited to Rwanda witness the circumstances that led to the fatal shooting of a DRC soldier who crossed the Rubavu border and opened fire against RDF position
Rubavu, 21 November 2022
Defences Attachés (DA) accredited to Rwanda today were led to a site visit to witness the circumstances of an incident in…
Rwandan peacekeepers in South Sudan decorated with UN Service medals
Juba, 19 November 2022
Rwandan peacekeepers under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN service medals. The…
UNIDENTIFIED SOLDIER CROSSES INTO RWANDA, SHOOTS AT RDF TOWERS IN RUBAVU DISTRICT
REF: RDF/MPR/A/10/13/22
Kigali, 19 November 2022
On Saturday, 19 November 2022, at 0100hrs, an unidentified soldier believed to be from the FARDC…
Rwandan Peacekeepers in Central African Republic conduct community work and provide medical treatment to residents in Bossembele
CAR-Bossembele, 29 October 2022
Yesterday, Rwandan peacekeepers under United Nations Mission in Central African Republic (MINUSCA) conducted…
RDF Chief of Defence Staff receives Commander of the French Contingent deployed in Gabon
Kigali, 27 October 2022
Today, the Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Gen Jean Bosco Kazura received in his office Brig Gen François-Xavier…
Rwanda Security Forces discover another stockpile of weapons left behind in former terrorist bases in Mbau, Cabo Delgado.
Cabo Delgado, 21 October 2022
Today 21 Oct 22, Rwanda Security Forces discovered another pile of hidden weapons in abandoned terrorist bases in…
THE RDF SOLDIERS GRADUATE FROM THE BASIC MILITARY TRAINING CENTRE, NASHO
Today 21st October 2022, Rwanda Defence Force (RDF) graduated Basic Military Course at Basic Military Training Centre Nasho, after successfully…
Rwanda Security Forces in Mozambique discover a stockpile of weapons and ammunition hidden by Ansar Al sunna terrorists
On 15 October 2022, Rwanda Security Forces involved in Counter Terrorism and Counter insurgency Operations in Cabo Delgado Province of Mozambique…