IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
THE 32ND ORDINARY EASTERN AFRICA STANDBY FORCE POLICY ORGANS COUNCIL OF MINISTERS OF DEFENCE HELD IN NAIROBI-KENYA
Today, 27January 2024, the Ministers of Defence of the Eastern Africa Standby Force (EASF) Member States held a meeting in Nairobi, Kenya. The Member…
RWANDAN PEACEKEEPERS SERVING UNDER UNMISS DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Today, 26 January 2024, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with UN Service Medals…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 22 January 2024
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse visited the Rwanda Defence Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 17 January 2024
Today, Rwanda Defence Force (RDF) officers and other ranks successfully concluded seven-month long advanced infantry training…
THREE ARMED FARDC SOLDIERS CROSS INTO RWANDA, TWO UNDER ARREST
REF: RDF/MPR/A/10/01/24
Kigali, 16 January 2024
This morning at 0110hrs, three armed soldiers of the Democratic Republic of Congo armed forces…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CELEBRATES CULTURE DAY AT NYAKINAMA
Musanze, 12 January 2024
Rwanda Defence Force Command and Staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the eleventh…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’URWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ndifuriza abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano mwese iminsi mikuru myiza, n’Umwaka mushya muhire.
Umwaka mushya ni umwanya wo kwisuzuma…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
I wish all the women and men of our defence and security organs happy holidays and a prosperous New Year.
The New Year is a time to reflect and renew…
RDF Special Operation Force gets newly trained personnel
Nasho, 21 Dec 23
Rwanda Defence Force (RDF) graduated a new intake of Special Operation Force after completing a 10 month specialised combat training…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/13/23
Kigali, 20 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED LT GEN MK…