IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Rwanda hosts Integrated Mission Planning Course
Nyakinama, 1 April 2019
Thirty (30) course participants that include military, police and civilian personnel have today started a two week-long…
RDF enrolls new soldiers
Nasho, 29 March 2019
Rwanda Defence Forces (RDF) has today enrolled new soldiers into the force after completion of one year of military training at…
RDF, US Army and African military partners design Shared Accord 2019
Nyagatare, 29 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) this week hosted military planners from 16 countries ahead of Exercise Shared Accord 19 due to…
RPA trains regional officers in personnel safety during peacekeeping operations
Musanze, 19 March 2019
Twenty-one military officers from eight Eastern Africa Standby Force (EASF) member states on Tuesday started a one-week…
Zigama CSS members urged on embracing digital transactions
Kigali, 15 March 2019
The 31st Zigama Credit and Savings Society (Zigama CSS) general meeting was held this Friday at the Ministry of Defence…
37 RDF officers complete Junior Command and Staff Course
Musanze, 15 March 2019
Thirty-seven officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and two officers from Rwanda National Police have successfully…
RDF continues alternating its peacekeepers in South Sudan
Kigali, 11 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has started rotation for 67 Inf Bn that replaces 63 Mech Inf Bn (Rwanbatt3-RPF - Regional Protection…
Rwanda Defence Force hosts Africa Partnership Flight
Kigali, 04 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) along with US Air Forces Africa (AFAFRICA) host an African Partnership Flight (APF) workshop in…
RDF Chief of Defence Staff Gen Patrick Nyamvumba visits China
Beijing, 03 March 2019
The Rwanda Defence Foce (RDF) Chief of Defence Staff (CDS) General Patrick Nyamvumba is on a working visit in the People's…
Rwanda Defence Force soldiers undergo physical fitness test
Kigali, 01 March 2019
Rwanda Defence Force (RDF) continues the conduct of the quarterly Physical Fitness Tests (PFT) programme that is annually…