IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
The General Commander of the Mozambican Police, Bernardino Raphael, visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today 1 October 2023, the General Commander of Police of the Republic of Mozambique, Inspector General of Police Bernardino Raphael, accompanied by…
CAR President HE Prof Touadéra joins Rwanda Bilateral Force in community work in Bangui City
Today, 30 September 2023, the Central African Republic (CAR) President, HE Prof Faustin Archange Touadéra joined Rwanda Bilateral Force deployed in…
Rwanda hosts the initial planning conference for EAC Armed Forces Field Training Exercise Ushirikiano Imara 2024
Nyamata, 26 September 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel, Prisons, Immigration and civilians’ delegates begun a three-day…
Rwanda Security Force (RSF) conducts Joint community work to clean Mocimboa da Praia and Palma cities of Cabo Delgado Province - Mozambique.
Today 23 Sep 23 Joint Security Forces (RSF and FADM) carried out joint community work (Umuganda) in Palma and Mocimboa da Praia cities. This event was…
Joint Task Force Commander hosts and presides over an operational meeting at Rwanda Security Force (RSF) HQ in Mocimboa da Praia Town
Today, 23 September 2023, Maj Gen A Kagame the JTF Commander received at RSF HQs a delegation led by FADM Head of Operations, Brig Gen Chongo Vidigal,…
Rwandan peacekeepers in Central African Republic decorated with UN service medals
Bria- CAR, 20 September 2023
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group V and RWAMED VIII LEVEL2+ Hospital) under United Nations…
Faculty members and participants of Executive Intelligence Management Course from the National Institute for Security Studies, Abuja Nigeria- visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 19 September 2023
Today, a delegation composed of 22 Faculty and Course participants from National Institute for Security Studies (NISS)…
Rwanda Security Force conduct community work to clean coastal town of Mocimboa da Praia district, Cabo Delgado Province - Mozambique
On Saturday, 16 September 2023, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique, Northern Province of Cabo Delgado, conducted community work,…
HE Stefan Löfven former Prime Minister of Sweden meets Rwanda's Minister of Defence
Today, 4 September 2023, Minister of Defence, Juvenal Marizamunda received in his office HE Stefan Löfven, former Prime Minister of Sweden and the…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO RETIRING GENERALS AND SENIOR OFFICERS AT A CEREMONY AT HQs
Kigali, 1 September 2023
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eleventh time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel…