IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
SECURITY ORGANS CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN GAKENKE
Gakenke, 2 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
RWANDA SECURITY FORCES PROVIDE SPORTS KITS TO YOUTH IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA CITY
Cabo Delgado, 29 November 2025
As part of their Civil-Military Cooperation (CIMIC) and Community Policing initiatives, the Rwanda Security Forces…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES ENROL NEW SOLDIERS TRAINED BY RDF INSTRUCTORS
Bangui, 29 November 2025
The Central African Republic Armed Forces (FACA) have officially enrolled 545 new soldiers who completed their basic…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE VISITS RWANDA SECURITY FORCE IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
Cabo Delgado, 29 November 2025
Mozambican President, H.E. Daniel Francisco Chapo, today visited the Rwanda Security Force (RSF) deployed in Ancuabe…
RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS FROM SOUTHERN PROVINCE
Muhanga, 28 November 2025
The Rwanda Defense Force (RDF) Chief of Staff of the Reserve Force, Major General Alex Kagame, held a meeting today with…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISIT TOÂ RWANDAN PEACEKEEPERS IN BANGUI CITY
Bangui, 28 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent NYAKARUNDI, and his delegation visited RDF…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA VISIT MUTOBO DEMOBILISATION AND REINTEGRATION CENTRE AND RDF SENIOR COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 28 November 2025
Defence Attachés (DAs) accredited to Rwanda today visited the Mutobo Demobilisation and Reintegration Centre in Musanze…
THE MINISTRY OF DEFENCE HOSTED A GALA DINNER FOR DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA
Kigali, 28 November 2025
Last night, the Ministry of Defence hosted an end-of-year gala dinner for defence attachés and associates accredited to…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA RECEIVE BRIEFING ON THE CURRENT SECURITY SITUATION
Kigali, 27 November 2025
Today, the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force (RDF) hosted Defence Attachés and Associates accredited to Rwanda for a…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR CONDUCT COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 25 November 2025
Today, Rwandan Peacekeepers (Rwanbatt 1), serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission…