IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UNITED NATIONS SERVICE MEDALS
Malakal, 06 March 2024
Today, Rwandan Peacekeepers (Rwanbatt-2) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with…
RDF, RNP AND PARTNERS OFFICIALLY LAUNCH DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024
On 1 March 2024, the Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda National Police (RNP), in collaboration with local government and other partners officially…
PRESS RELEASE : RDF, RNP and partners organise Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024
Kigali, 28 February 2024
On Friday, 1 March 2024, Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda National Police (RNP) will officially launch the "Defence and…
RWANDA DEFENCE FORCE PARTICIPATES IN EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2024
Kenya, 27 February 2024
RDF military contingent joined over 23 countries across the world in a multinational exercise codenamed Justified Accord 24…
The President of the Republic of Mozambique visits Rwanda Security Forces (RSF) in Ancuabe district
Yesterday, 22 February 2024, H E Filipe Jacinto NYUSI, the President of the Republic of Mozambique visited Rwanda Security Forces in Ancuabe District.…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE NATIONAL DEFENCE COLLEGE OF NIGERIA VISIT RWANDA DEFENCE FORCE HQS
Kigali, 21 February 2024
Today, a delegation composed of 20 Faculty and student officers from the National Defence College of Nigeria visited Rwanda…
ALGERIA ARMY CHIEF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 20 February 2024
Today, Army General Saïd Chanegriha, the Chief of Staff of the People's National Army of Algeria, along with his delegation,…
Rwanda to host Centre of Excellence for UN Peacekeeping lessons learned
Kigali, 12 February 2024
Today, Rwanda Defence Force and the United Nations Institute for Training and Research (UNITAR) held a meeting on…