IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT COMPETES FOR THE SEMI-FINALS
Kigali, 26 June 2024
Yesterday, the Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament held its quarter-final matches. The football and volleyball teams…
H.E. PRESIDENT FAUSTIN-ARCHANGE TOUADÉRA JOINED RWANDA PEACEKEEPERS IN COMMUNITY WORK
Bangui, 25 May 2024
Today, His Excellency Professor Faustin-Archange Touadéra, President of the Central African Republic, joined Rwanda Peacekeepers…
MALIAN ARMED FORCES DELEGATION VISITS RDF HQS
Kigali, 22 May 2024
Today, a delegation from the Malian Armed Forces, led by Col Cheick Mamadou Cherif TOUNKARA, visited MOD/RDF Headquarters. They…
The eleventh National Security Symposium opens in Kigali
Kigali, 22 May 2024
The eleventh National Security Symposium 2024 jointly organised by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
RDF HAND OVER A NEWLY CONSTRUCTED HOUSE TO WIDOW
Gatsibo, 17 May 2024
Today, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024, the Rwanda Defence Force (RDF) in collaboration…
RDF MEDICAL PERSONNEL AND THE MINISTRY OF HEALTH BEGIN TO TREAT 5000 CATARACT PATIENTS
Rulindo, 16 May 2024
Today at Rutongo District Hospital in Rulindo district, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024,…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE ROYAL COLLEGE OF DEFENCE STUDIES VISIT RDF HQS
Kigali, 15 May 2024
Today, a delegation of 22 faculty and student officers from the Royal College of Defence Studies of the United Kingdom visited…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS NEW CONTINGENT SET TO DEPLOY IN MOZAMBIQUE
Kigali, 14 May 2024
Today at Kami Military Barracks, Maj Gen Vincent Nyakarundi, the RDF Army Chief of Staff together with Commissioner of Police…
Defence and Security practitioners discuss emerging military technologies and International Humanitarian Law
Kigali, 14 May 2024
Today, the representatives from African military and security agencies convened in Rwanda to raise awareness on emerging…
UNITED NATIONS DELEGATION VISIT RWANDA AIR FORCE HEADQUARTERS
Kigali, 13 May 2024
This morning, a delegation from the United Nations, led by Michael Mulinge KITIVI, Director of the Uniformed Capability Support…