IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF receives fallen Rwandan peacekeeper
Kigali, 23 July 2020
The casket bearing the remains of Rwandan peacekeeper, Sergeant Major Nsabiyaremye Edouard, arrived in Rwanda from Central…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
Kigali, 15 July 2020
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the United Nations…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION
REF:RDF/MPR/A/07/04/20
Kigali, 09 July 2020
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE (RDF) HAS PROMOTED THE…
RDF honours Retiring Military Officers
Kigali, 6 July 2020
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eighth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who had…
HE The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates 589 bicycles to village leaders in appreciation for their support to security
Nyaruguru, 2 July 2020
H.E the President Paul Kagame and the Commander in Chief (C-in-C) of Rwanda Defence Force (RDF) has donated 589 bicycles to…
PRESS RELEASE ON RUHERU/NYARUGURU ATTACK (UPDATED)
Kigali, 27 June 2020
Today early morning at about 0020hrs, approximately 100 unidentified gunmen heavily armed with machine guns, rocket launchers…
Rwanda donates medical kits to support UNMISS efforts in fight against COVID-19 pandemic
Juba, 13 June 2020
The Government of Rwanda donated testing medical kits to the United Nation Mission in South Sudan (UNMISS) as part of its response…
RDF detains soldiers over criminal allegations in Bugesera District
Kigali, 12 June 2020
Since 10 June 2020, the Rwanda Defence Force has in custody two military personnel over allegations of criminal misconduct…
Chinese Military donates medical kits to support RDF in fight against COVID-19
Kigali, 3 June 2020
The Chinese People Liberation Army has donated medical supplies to Rwanda Defence Force to help in the fight against the COVID-19…
The United States of America signs Status of Forces Agreement with Rwanda
Kigali, 28 May 2020
Rwanda and the United States of America have today signed the Status of Forces Agreement (SOFA) that will strengthen the existing…