IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
SPLA delegation visits Rwanda
Eight (8) General Officers and one (1) Senior Officer from the Sudan People’s Liberation Army (SPLA) General Headquarters are in Rwanda from 26 July –…
Burundi Command and Staff College on a study tour in Rwanda
A delegation of 22 Senior Officers from Burundi Command and Staff College is in Rwanda for a 4 days study tour (14 – 18 July 2008). The team is led by…
Rwanda and UK sign a Memorandum of Understanding
Rwanda’s Minister of Defence Gen Marcel GATSINZI and the United Kingdom (UK) Ambassador to Rwanda H.E. Nicholas CANNON signed a Memorandum of…
Closing Remarks by the Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi, at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of Defence Forces, Kigali, 20 June 2008
{[Read the whole speech->http://www.mod.gov.rw/?Closing-Remarks-by-the-Minister-of]}
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Rwanda Air Force Officers and Airmen graduate in Logistics Science and Management
Ten [10] Officers and thirty one [31] Airmen from Rwanda Air Force graduated with ordinary and advanced Diploma in Logistics Science and Management,…
RDF Chief of General Staff meets his Congolese Counterpart
Joint Communiqué - June 16th, 2008
Bilateral meeting between RDF Chief of General Staff and FARDC Chief of General Staff.
MOD/RDF Leadership end a two days Retreat
A cross–section of Ministry of Defence (MOD) and Rwanda Defence Forces (RDF) leadership ended a two days retreat [13 – 14 June 2008] at Urumuri Hotel…
RDF Receives Training and Watercraft Spare Parts from the US Department of Defense
The United States Defense Attaché Office, through its International Military Education and Training (IMET) program, this month welcomed four United…