IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF INTER-FORCE COMPETITION WRAPS UP WITH EXCITING FINAL
Kigali, 31 January 2026
The 2025–2026 RDF Inter-Force Sports Competition concluded today with an exciting final football showdown at Kigali Pélé…
CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES RUBAVU RESIDENTS DURING UBUTWARI TOUR 2026 CONCERT
Rubavu, 30 January 2026
The Chief of Civil Military Cooperation (Chief J9), Col Désiré Migambi Mungamba, today addressed residents of Rubavu…
MINISTRY OF DEFENCE HOSTS PARLIAMENTARIANS FROM NAMIBIA
Kigali, 28 January 2026
Today, the Minister of Defence, Hon Juvenal Marizamunda, received a delegation of Members of the Parliamentary Standing…
RDF PRESS RELEASE - APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/15/08/26
Kigali, 24 January 2026
1. H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS APPOINTED Brig Gen Godfrey…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE HOLDS ANNUAL CULTURAL DAY
Musanze, 23 January 2026
The Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) today held its 13th Annual Cultural Day at its premises in…
RDF AND JAMAICAN MILITARY ENGINEERS COMMENCE JOINT RECONSTRUCTION WORKS IN MONTEGO BAY
Jamaica, 19 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Engineer Contingent in collaboration with engineers from the Jamaica Defence Force (JDF),…
A team of six RDF and RNP officers is at United Nations Headquarters in New York City to participate in the 2026 Contingent-Owned Equipment Working Group (COEWG).
New York,19 January 2026
A team of six RDF and RNP officers is at United Nations Headquarters in New York City to participate in the 2026…
JAMAICA FOREIGN MINISTER WELCOMES RWANDA DEFENCE FORCE ENGINEER CONTINGENT
Kingston, 15 January 2026
The Government of Jamaica has officially welcomed the Rwanda Defence Force (RDF) Engineer Contingent deployed to support in…
RDF INTER-FORCE SPORTS COMPETITION REACHES SEMI-FINALS
Kigali, 15 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter-Force Sports Competition (IFC) Edition 2025–2026 has progressed to the Semi-Finals…
RDF DEPLOYS MILITARY ENGINEERS TO SUPPORT INFRASTRUCTURE REHABILITATION IN JAMAICA
Kigali, 14 January 2026
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) deployed a contingent of military engineers to Jamaica, a Caribbean island nation, to…