IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Rwanda Peacekeepers awarded UN medals for maintaining peace
Kigali, 27 January 2020
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations (UN) Mission in South Sudan (UNMISS) as well as in the UN…
Rwanda and Israel conduct joint seminar on border protection
Kigali, 15 January 2020
Today, Rwanda and Israel Defence Ministries have conducted a one-day seminar on border protection in Kigali. The seminar…
Cultural diversity showcased at RDF Command and Staff College
Musanze, 10 January 2020
From the Zambian caterpillars’ sauce, the Kenyan ‘Nyama-Choma’ to the Rwandan famous ‘Runonko’ potatoes; food, drinks, social…
Qatar Armed Forces Chief of Staff visits Rwanda
Kigali, 7 January 2020
A Qatar Armed Forces delegation led by the Chief of Staff, Lt Gen (Pilot) Ghanim bin Shaheen al-Ghanim conducted a two-day…
END OF THE YEAR MESSAGE FROM H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE, TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
Men and women of the Rwanda Defence and Security Forces;
1. The year 2019 comes to an end, and we are about to celebrate as we usher in the New…
RDF Inter-Force Sports Competition on high gear
Kigali, 23 December 2019
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter Force competition planned from 1 October 2019 to 1 February 2020 is on high gear; with…
Rwandan Peacekeepers provide medical services to Sudanese
Darfur, 12 December 2019
Rwandan Battalion Peacekeepers (Rwanbatt53) under United Nations Mission in Darfur (UNAMID) provided free dental and…
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard partnership launched
Kigali, 12 December 2019
Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard have today signed a State Partnership Programme that will strengthen…
Rwanda and Belgium enhance military cooperation
Kigali, 11 Dec 2019
A delegation from the Belgian Ministry of Defence led by Maj Gen Boucké, Chief of Staff of the Strategy Department visited Rwanda…