IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF ARMY CHIEF OF STAFF COMMENDS RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA FOR EFFORTS IN MAINTAINING PEACE
Bria, 5 March 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Major General Vincent Nyakarundi, who is on an official visit to the Central…
Rwandan Peacekeepers conduct Medical outreach Programme in Bria, CAR
Bria, 2 March 2025
Rwandan peacekeepers from the LEVEL 2+ HOSPITAL, serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
PRESS RELEASE – AFC/M23 HANDS OVER FDLR FIGHTERS TO RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/DPA/A/10/01/25
Kigali, 1 March 2025
This afternoon, the coalition Alliance Fleuve Congo/March 23 Movement (AFC/M23) officially handed over…
RWANDA HOSTS THE AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS TROIKA MEETING
Musanze, 26 February 2025
The Commandants of Military Command and Staff Colleges from Rwanda, Libya, and Tanzania convened at the Rwanda Defence…
The Chairman of the Joint Chiefs of Staff of the Jordan Armed Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 26 February 2025
Major General Yousef A. Al Hnaity, the Chairman of the Joint Chiefs of Staff of the Jordan Armed Forces (CJCS-JAF), today…
Rwandan Peacekeepers together with CAR Officials conduct community work in Bangui
Bangui, 22 February 2025
Rwandan Peacekeepers (RWABATT-1) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE SEWING MACHINE AND TEXTILE MATERIALS TO MALAKAL WOMEN’S ASSOCIATION
Malakal, 21 February 2025
Rwandan Female peacekeepers serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), today donated a sewing…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOZAMBIQUE DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS
Cabo Delgado, 21 February 2025
Rwanda Security Forces operating in Mozambique, Cabo Delgado province in collaboration with local leaders today,…
Northern Corridor Member States gather in Kigali for Defence Cluster meeting
Kigali, 20 February 2025
Member States of the Northern Corridor Integration Projects (NCIP) from Kenya, Rwanda, South Sudan, and Uganda gathered in…