IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Medical specialists conduct first liver surgery at Rwanda Military Hospital
Kigali, 20 April 2023
For the first time in Rwanda, a team of medical specialists led by Professor Jean Marc Régimbeau from France has successfully…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN CONDUCT A CAMPAIGN AGAINST MALNUTRITION
Durupi, 19 April 23
Rwandan peacekeepers under United Nations mission in South Sudan (UNMISS) conducted a two-day campaign against malnutrition in…
Rwanda Defence Force and ICRC organise workshop on ‘Support Relationships in Armed Conflict and Partnered Military Operations’
Kigali, 18 April 2023
Rwanda Defence Force in partnership with the International Committee of the Red Cross (ICRC) have organised a four-day workshop…
Rwandan peacekeepers and community in South Sudan commemorate the 1994 Genocide against the Tutsi
Juba, 7 April 2023
On 7th April 2023, Rwandan community living in South Sudan and Military and police peacekeepers serving under United Nations…
RDF HEAD OF DEFENCE INTELLIGENCE VISITS RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba, 29 March 2023
On 29 Mar 23, the RDF Head of Defence Intelligence, Maj Gen Vincent Nyakarundi visited Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1 and…
EU AMBASSADOR TO MOZAMBIQUE VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN MOCIMBOA DA PRAIA DISTRICT
Cabo Delgado, 29 March 2023
Today, 29 March 2023, the European Union Ambassador to Mozambique, H E Antonino Maggiore along with the Force Commander…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/03/23
Kigali, 29 March 2023
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED…
RDF Officers complete UN Staff Officers Course
Musanze, 25 March 2023
Yesterday, twenty-four Rwanda Defence Force (RDF) officers graduated from the United Nations Staff Officers Course (UNSOC)…
INTERNATIONAL ORGANISATION OF FRANCOPHONIE AND FRENCH INSTITUTE OF RWANDA DONATE PEDAGOGICAL MATERIALS AND EQUIPMENT TO RMA GAKO
Bugesera, 24 March 2023
Today, the International Organisation of Francophonie (OIF) and the French Institute of Rwanda delivered pedagogical…
RDF Junior Command and Staff Course graduates from RDF Command and Staff College
Musanze, 24 March 2023
Today the 24th March 2023, 36 Officers of the Rwanda Defence Force and 2 officers from Rwanda National Police completed a…