IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
CAR Minister of Defence in Rwanda for implementation of agreement on defence cooperation
Kigali, 9 December 2019
The Minister of Defence of the Central African Republic, Marie Noëlle Koyara visits Rwanda from 09-11 December 2019. Today…
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard announce partnership
KIGALI, Rwanda (09 December, 2019) — Leaders of the Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard will launch partnership by signing a state…
25 RDF officers commence a UN Staff Officers Course at RPA
Musanze, 2 December 2019
The United Nations Staff Officers Training of Trainers (ToT) Course began today, Monday 2 December 2019 at the Rwanda Peace…
ZIGAMA CSS to prioritise innovation and technology in its service delivery
Kigali, 29 November 2019
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura and discussed the current financial…
Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence
Kigali, 19 November 2019
Hon Sheikh Omar Faye, Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence from 18-23 Nov 19.The purpose…
President Kagame commissions 320 Cadet Officers
Bugesera, 16 November 2019
President Paul Kagame and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) today commissioned 320 new officers at the…
The Dallaire Initiative and the RDF engage governments and partners to discuss new ways of ending the Recruitment and Use of Child Soldiers
Kigali, 13 November 2019
The Roméo Dallaire Child Soldiers Initiative (Dallaire Initiative) and the Rwanda Defence Force (RDF) will co-host a…
Rwandan Peacekeepers applauded for being closer to local community in South Sudan
Malakal, 11 November 2019
Local citizens in South Sudan have applauded Rwandan peacekeepers for being closer to them while executing assigned UN…
EAC Armed Forces Command Post “Ushirikiano Imara’’ kicks-off in Uganda
Jinja, 07 November 2019
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians have kicked off a two-week 12th command Post Exercise…
Newly appointed RDF Chief of Defence Staff and Reserve Force Chief of Staff assume office
Kigali, 5 November 2019
In a move to implement changes and deployments made yesterday 04 November 2019 by the President of Rwanda and Commander in…