IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS SHOWCASE CULTURAL DIVERSITY
Musanze, 14 January 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College students (Course 10) in Nyakinama, Musanze district today celebrated the…
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits RDF Headquarters and signs agreement on expanding cooperation in fighting insurgents in Cabo Delgado
Kigali, 10 January 2022
A joint security and defence meeting was held today between the Chiefs of Staff of the Rwanda Defence Force, Gen J Bosco…
Inzego z’Umutekano z’u Rwanda na Mozambique zahuriye mu nama isuzuma uko umutekano uhagaze muri Cabo Delgado
Kigali, 9 Mutarama 2022
Uyu munsi abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda na Mozambique bahuye mu nama y’umutekano yarigamije gusuzuma uko…
Rwanda and Mozambique Defence and Security officials hold meeting to review the security situation in Cabo Delgado
Kigali, 9 January 2022
Today, a defence and security operational meeting between Rwanda and Mozambique security officials was held at the Rwanda…
Rwandan peacekeepers provide medical care services to residents of Lainya County in South Sudan
Juba, 31 December 2021
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt3) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted patrols from their base at…
President of the Republic of Mozambique visits Rwanda and SADC forces in Cabo Delgado, Mozambique
Yesterday on 29th Dec 21, the President of the Republic of Mozambique, H.E Filipe Nyusi accompanied by Minister of Defence made an official visit to…
RDF itanze amahirwe ku Banyarwanda bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda Umutwe w’Inkeragutabara
RDF itanze amahirwe ku Banyarwanda bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda Umutwe w’Inkeragutabara
Kigali, 24 Ukuboza 2021
Nkuko itegeko N°10/2011 ryo…
RDF Officers and other ranks complete Basic Special Operation Forces Training at Basic Military Training Centre in Nasho.
Thursday 23rd December 2021, Nasho
Today, 23 Dec 21, a total 302 special operations forces completed an 11 months Basic Special Operation Forces…