IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
CDS HOSTS DELEGATION FROM NIGERIAN ARMY RESOURCE CENTRE
Kigali, 18 February 2025
A 30-member delegation from the Nigerian Army Resource Centre (NARC), led by Maj Gen (Rtd) Garba Ayodeji Wahab, Director…
CHIEF OF DEFENCE STAFF PRESIDES OVER MIDDLE-LEVEL COMMANDERS AND STAFF SEMINAR PASSOUT CEREMONY
Kamonyi, 13 February 2025
RDF Chief of Defence Staff (CDS), General MK Mubarakh, presided over the passout ceremony of the middle-level commanders…
EAC DEFENCE EXPERTS WORKING GROUP CONVENES IN KIGALI
Kigali, 13 February 2025
Defence Experts from East African Community (EAC) partner states convened in Kigali, Rwanda, from 13 to 14 February 2025…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Juba, 12 February 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT-1) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN service…
MIDDLE-LEVEL COMMANDERS FROM RDF GACURABWENGE TRAINING CENTRE UNDERTAKE STUDY TOUR
Kigali, 8 February 2025
A group of 75 middle-level commanders and staff from the Rwanda Defence Force (RDF) Gacurabwenge Training Centre conducted a…
OFFICERS COMPLETE MILITARY CAREER COURSES AT GABIRO COMBAT TRAINING CENTRE
Gabiro, 08 February 2025
Today, 483 senior officers, junior officers, and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police…
MILITARY HIGH COURT MAINTAINS THE INITIAL VERDICT OF LIFE IMPRISONMENT TO SGT MINANI
Nyamasheke, 7 February 2025
The military high court has maintained the life sentence imprisonment verdict to Sgt Minani after 2 days of hearing on…
Rwanda Security Forces Commander attends 12th Joint Operational Coordination Meeting
Pemba, 01 February 2025
Maj Gen Emmy K. Ruvusha, Commander of the Rwanda Security Forces (RSF), took part in the 12th Joint Operational Coordination…
RDF INTER-FORCE COMPETITION WRAPS UP WITH EXCITING FINALE
Kigali, 31 January 2025
The 2024-2025 RDF Inter-Force Sports Competition concluded today with an exciting final football match between the Combat…
Rwandan Peacekeepers in CAR provide free medical services to Bambouti residents
Bambouti, 31 January 2025
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…