IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Central African Republic enrols new soldiers trained by RDF
Bangui, 24 November 2023
The Central African Republic has today enrolled 512 new soldiers into the force after completing five months of basic…
Chief of General Staff of Burkina Faso Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 9th November 2023
The Chief of General Staff of the Burkina Faso Armed Forces, Brig Gen Célestin SIMPORE and his delegation are in Rwanda…
Rwanda Security Forces (RSF) donate scholastic materials to schools in Mocimboa da Praia, Mozambique
Cabo Delgado, 26 October 2023
Due to the impact of war that crippled the education system during the four year terrorist insurgency in Mocimboa Da…
THE MINISTER OF FOREIGN AFFAIRS DR VINCENT BIRUTA VISITS RWANDAN TROOPS IN BANGUI, CAR
Bangui, 24 October 2023
Today, Rwandan delegation composed by the Minister of Foreign Affairs, Dr Vincent Biruta, SG NISS Maj Gen Joseph NZABAMWITA…
UN Peacekeeping Ministerial preparatory meeting opens in Rwanda
Kigali, 23 October 2023
Today, Honourable Minister of Defence, Mr Juvenal Marizamunda presided over the opening ceremony of the preparatory…
38 Officers complete Junior Command and Staff Course at RDF Command and Staff College
Musanze, 13 October 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi today presided over the pass out of 38…
Rwandan peacekeepers provide medical services to residents in Sam-Ouandja City in Central African Republic
Yesterday, on 06 October 2023, Rwanda Battle Group V (RWABG V) peacekeepers under the United Nations Multidimensional Integrated and Stabilization…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND INTERNAL AS WELL AS REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 6 October 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Faculty members and students from Zambia Defence Services Command and Staff College, visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 2 October 2023
Today, a delegation composed of 20 Faculty and students’ officers from Zambia Defence Services Command and Staff College,…
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province plays a friendly football match with Mozambique Forces (FADM)
On 30 September 2023, Rwanda Security Forces (RSF-3) Football team played a friendly match with FADM. The event was organised between FADM and RSF as…