IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2025 CONCLUDES WITH TROPHY AND MEDAL AWARDS
Kigali, 3 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) successfully concluded Liberation Cup Tournament 2025 at Kigali Pele Stadium with exciting…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2025 AND EAC ARMED FORCES CIMIC WEEK OFFICIALLY CLOSED
Kigali, 3 July 2025
The Defence and Security Citizen Outreach Programme 2025, which has been conducted across Rwanda over the past three months,…
EAC ARMED FORCES PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS OF NYANZA AND NGOMA DISTRICTS
Nyanza, 29 June 2025
The East African Community (EAC) Armed Forces medical specialists are currently offering free medical services to residents of…
RWANDAN BILATERAL CONTINGENT PARTICIPATES IN COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 28 June 2025
The Rwanda Bilateral Contingent in the Central African Republic today participated in community work (Umuganda) in Bangui City.
…PRESS RELEASE: RWANDA HOSTS THE 5TH EAC ARMED FORCES CIVIL-MILITARY COOPERATION WEEK ACTIVITIES
REF:RDF/DPA/A/10/03/25
Kigali, 27 June 2025
Rwanda will host the 5th East African Community (EAC) Armed Forces Civil-Military Cooperation (CIMIC)…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO LOCAL COMMUNITY IN SOUTH SUDAN
Durupi, 26 June 2025
Rwandan contingents serving under the United Nations Mission in South Sudan (Rwanbatt3, Rwanbatt1, Rwanda Aviation Unit, and…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bangui, 25 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT-1), under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER JOINS MOZAMBIQUE IN CELEBRATING 50 YEARS OF INDEPENDENCE
Cabo Delgado, 25 June 2025
Today, the Rwanda Security Force (RSF) joined the people of Mozambique in celebrating the country's 50th Independence…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO IDPs IN MALAKAL
Malakal, 21 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWANBATT-2), serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) in Malakal, conducted a…
NEWLY TRAINED SOLDIERS GRADUATE AT BASIC MILITARY TRAINING CENTRE NASHO
Nasho, 19 June 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) enrolled in its ranks a new cohort of young men and women who graduated today at the Basic…