IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RWANDA CELEBRATES 30 YEARS OF LIBERATION DAY
Kigali, 4 July 2024
The people of Rwanda and their friends from different parts of the continent and beyond have today gathered at Amahoro Stadium to…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA BRIEFED ON SECURITY SITUATION
Kigali, 3 July 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MOD/RDF Headquarters in Kimihurura. They…
UNMISS Force Commander visits Rwandan peacekeepers in Juba
Juba, 27 June 2024
Yesterday, the Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian, paid a visit to…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE NATIONAL DEFENCE INSTITUTE OF SENEGAL VISIT RDF HQS
Kigali, 25 June 2024
Today, 26 faculty members and Students from Senegal's National Defence Institute visited the Rwanda Defence Force (RDF)…
THE EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE 'USHIRIKIANO IMARA2024' CONCLUDED
Bugesera,21 June 2024
Today, the 13th EAC partner states Armed Forces Field Training Exercise “Ushirikiano Imara 2024” concluded in a ceremony held…
EAC ARMED FORCES HAND OVER REHABILITATED BOREHOLES TO BUGESERA RESIDENTS
Bugesera, 20 June 2024
The East Africa Community partner states currently conducting the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise, 'Ushirikiano…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bossembele, 20 June 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwabat-2) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…