IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM 2022 OPENS IN KIGALI
Kigali, 18 May 2022
A three-day National Security Symposium 2022 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
National Security Symposium 2022 to open on Wednesday
Kigali, 17 May 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) in collaboration with the University of Rwanda (UR) will hold the annual…
The Inspector General of Police of the Republic of Mozambique, Bernardino Rafael visits Rwanda Security Forces in Chai – Macomia District
Friday, 13 May 22
Today, Friday 13th May 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael…
The Chief of General Staff of Malian Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 10 May 2022
The Chief of General Staff of Malian Armed Forces, Maj Gen Oumar Diarra is in Rwanda for 3 days official visit.
Today he was…
Officers from Nigeria Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 09 May 2022
A delegation of 42 general and senior officers, students from Armed Forces Command and Staff College Nigeria, is in Rwanda for…
Rwandan peacekeepers under UNMISS conduct community work with residents of Lokiliri Payam Village
Juba, 6 May 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt3) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted patrol from Durupi Base Camp, Juba…
The Governor of Cabo Delgado Province visits Rwanda Security Force in Chai - Macomia district - Cabo Delgado
On 30th April 2022, the Governor of Cabo Delgado Province, Mr Valige Tauabo visited Rwandan forces at Chai administrative post.
He was received by…
Botswana Defence Minister pays courtesy call on Rwandan Counterpart
Kigali, 27 April 2022
The Minister of Defence of Botswana, Hon Kagiso Thomas Mmusi today paid a courtesy call on Minister of Defence of the…
Senior Command and Staff Course Students undertake RPA Liberation War and Historical Study Tour
20 April 2022
Students and Staff of the Senior Command and Staff Course 10 begun a four day RPA Liberation War Study Tour for Rwandan students and a…
President Faustin Archange Touadéra decorates medal awards to Rwandan peacekeepers
Bangui 15 April 2022
Rwandan peacekeepers (Rwabatt8) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in Central…