IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Mozambican Security Forces host Rwanda Security Forces and SADC Forces to a get together concert in Mocimboa Da Praia – Cabo Delgado.
Wednesday, 22 December 2021
Rwanda Security Forces and representatives from SADC Mission in Mozambique (SAMIM) joined Mozambican Defence and Security…
MOD Volleyball Team wins inter-institutions tournament
Kigali, 19 December 2021
The Ministry of Defence (MOD) Volley Ball Team (Female) has become champion in inter-government and private institutions…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/13/21
KIGALI, 17 DECEMBER 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE HAS…
The Minister of Defence of the Republic of Mozambique, Maj Gen CristovĂŁo Chume visits the Joint Forces in Mocimboa Da Praia
Yesterday, 14 December 2021, Honorable Minister of Defence-Maj Gen Cristovão Chume who was accompanied by other Generals including Maj Gen M Nposso…
ZIGAMA CSS GENERAL ASSEMBLY APPROVES BUSINESS PLAN FOR THE YEAR 2022
Kigali, 14 December 2021
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura. The General Assembly discussed and…
Rwanda Defence Minister addresses UN Peacekeeping Ministerial Conference in Seoul
Kigali, 08 December 2021
Hon Minister of Defence Maj Gen Albert Murasira today delivered a keynote speech to the 2021 Seoul United Nations…
RDF AND PARTNERS IN PEACE KEEPING OPERATIONS SHARE LESSONS LEARNT FROM PEACEKEEPING OPERATIONS
Kigali, 08 December 2021
Rwanda Defence Force (RDF) in partnership with the United States Institute of Peace (USIP), Global Peace Operation…
Rwanda Security Force (RSF) in Cabo Delgado – Mozambique, receive the 3rd Covid-19 vaccine dose (booster)
Today, 06th Dec 21, the RSF medical team started a vaccination exercise of the 3rd Covid-19 vaccine dose (booster) that is being given to all members…
SOUTH SUDAN OFFICIALS CONCLUDE POST-CONFLICT PEACEBUILDING COURSE IN MUSANZE
Musanze, 3 December 2021
Senior Government and security officials including Ministers, Senior military officials, Members of Parliament and…