IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Post-Conflict Peacebuilding Course concludes at RPA
Musanze, 7 May 2021
The Senior Leadership for Post-Conflict Peacebuilding and Reconstruction Course concluded today at the Rwanda Peace Academy (RPA)…
RDF Command and Staff College to hold National Security Symposium
In collaboration with the University of Rwanda (UR), Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) will hold a three days National Security…
SOUTH SUDAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART AND RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF
Kigali, 4 May 2021
The South Sudan Minister of Defence and Veterans Affairs, Hon. Angelina Jany Teny was today received at RDF Headquarters by Hon…
SOUTH SUDAN GENERALS IN RWANDA FOR A SENIOR LEADERSHIP POST-CONFLICT PEACEBUILDING AND RECONSTRUCTION COURSE
Musanze, 3 May 2021
Twenty-five senior military and police officers from South Sudan (Maj Gen – Lt Gen) are participating in the Senior Leadership…
CAR President decorates Rwandan peacekeepers
Bangui, 16 April 2021
The President of the Central African Republic H.E Prof Faustin Archange Touadera yesterday, awarded the Rwandan peace keepers…
2021 RPA Liberation War and Historical Sites Study Tour
Kigali, 14 April 2021
The Senior Command and Staff Course (SCSC) 9 will undertake a four days RPA Liberation War Study Tour and Allied Officers…
ZIGAMA CSS records 13.7 Billion net profitÂ
Kigali, 01 April 2021
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 13.7 Billion for the year 2020. It is an increase…
Rwandan peacekeepers in CAR awarded UN medals
Bangui, 20 March 2021
Rwandan peacekeepers (Rwabatt7) serving under the United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA get COVID-19 jabs
Bangui, 16 March 2021
Rwandan peacekeepers under United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African Republic (MINUSCA)…