IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/10/04/25
KIGALI, 29 JULY 2025
- H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE RETIREMENT…
RDF Spokesperson addresses Itorero Indangamirwa on ‘Character Formation and Ethics’
Burera - Nkumba, 29 July 2025
On behalf of the Rwanda Defence Force leadership, the Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga today addressed…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO ITS SERVICE MEMBERS REACHING RETIREMENT AGE
Kigali, 28 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has, for the thirteenth time, held a send-off ceremony to honor and bid farewell to its service…
AFRICAN MILITARY CHIEF INSTRUCTORS COMMIT TO HARMONISE MILITARY TRAINING AND EDUCATION SYSTEMS
Kigali, 24 July 2025
The four-day African Command and Staff Colleges Chief Instructors' Workshop was officially closed in Kigali today by the RDF…
RWANDA HOSTS 18th AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES CHIEF INSTRUCTORS’ WORKSHOP
Kigali, 21 July 2025
The Chief Instructors of African Command and Staff Colleges from 18 African nations are convening in Kigali, Rwanda, from 21-24…
DEFENCE SPOKESPERSON ADDRESSES YOUNG LEADERS FROM THE AFRICA YOUTH LEADERSHIP FORUM
Kigali, 20 July 2025
On behalf of the RDF Chief of Defence Staff, Brigadier General Ronald Rwivanga, the Defence Spokesperson today addressed more…
STUDENTS FROM TRINITY INTERNATIONAL ACADEMY VISIT RDF COMBAT TRAINING CENTER GABIRO
Gatsibo, 16 July 2025
Students of Trinity International Academy school, Nyarutarama, Kigali, today visited the RDF Combat Training Centre Gabiro, in…
RDF CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA INSTITUTE FOR CONSERVATION AGRICULTURE IN BUGESERA
Bugesera, 11 July 2025
The Chief of Civil-Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed…
Rwandans in South Sudan celebrate the 31st Anniversary of Rwanda’s Liberation Day
Juba, 4 July 2025
The Rwandan Community in South Sudan, alongside UN peacekeepers, representatives from UNMISS HQs, local officials, and friends of…
FOUNDERS OF APR FC PLAY WITH GICUMBI FC TO MARK THE 32ND ANNIVERSARY OF ITS FOUNDATION
Gicumbi, 4 July 2025
A special football match took place today between APR FC Founders and Gicumbi FC at Mulindi, the birthplace of APR FC. The…