Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Senior Command and Staff Course Students undertake RPA Liberation War and Historical Study Tour
20 April 2022
Students and Staff of the Senior Command and Staff Course 10 begun a four day RPA Liberation War Study Tour for Rwandan students and a…
President Faustin Archange Touadéra decorates medal awards to Rwandan peacekeepers
Bangui 15 April 2022
Rwandan peacekeepers (Rwabatt8) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in Central…
Rwandan peacekeepers commemorate the Genocide against the Tutsi
Rwandan peacekeepers in Central African Republic (CAR) and South Sudan yesterday joined Rwandans and the World to mark the 28th commemoration of the…
ZIGAMA CSS records Net Profit of Rwf 17.7 billion
Kigali, 4 April 2022
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of Rwf17.7 billion for the year 2021. It is an…
Rwanda Peace Keepers of the United Nations Mission in South Sudan offer medical care services in Malakal
From 28th to 31st March 2022, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt2) in collaboration with Rwanda Formed Police Unit 1 (FPU1) and Indian Level 2 hospital…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE 18 GRADUATES IN MUSANZE
Musanze, 25 March 2022
38 officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and 1 officer from Rwanda National Police (RNP) have successfully completed a…
RDF Airforce Chief of Staff receives US Army Combined Joint Task Force- Horn of Africa Commander at RDF HQs.
Kigali, 24 March 2022
Yesterday, 23 March 2022, Maj Gen William Zana, US Army, Commanding General, Combined Joint Task Force-Horn of Africa visited…
South Sudan People’s Defence Force officers on an exchange visit on gender empowerment in Rwanda
Kigali, 22 March 2022
A delegation of the South Sudan People’s Defence Force (SSPDF) led by Maj Gen Malaak Ayuen Ajok is in Rwanda for a week-long…
RDF Army Chief of Staff attends African Land Forces Chiefs Summit
On Monday, 21 March 2022, the RDF Army Chief of Staff (RDF ACOS), Lt Gen Mubarakh Muganga attended the African Land Forces Chiefs Summit at Colombus…
RDF officers and other ranks conclude multinational Military Exercise in Kenya
Nairobi, 17 March 2022
Today, 50 Rwanda Defence Force officers and other ranks along with 800 participants from over 20 nations from the East…