Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
ANGOLAN ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA
Kigali, 27 July 2021
The Chief of the General Staff of the Angolan Armed Forces (FAA), General AntĂłnio EgĂdio de Sousa Santos is on an official visit…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
OPENING SPEECH OF THE PREPARATORY PEACEKEEPING MINISTERIAL BY HON MINISTER OF DEFENCE OF THE REPUBLIC OF RWANDA
Excellencies, Distinguished guests, Ladies and Gentlemen
It is my honor and privilege to take part in this important event that leads to the…
Rwandan peacekeepers in CAR decorated with UN medals
Bria, 17 July 2021
On 16 Jul 21, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group III and Rwanda Medical Contingent VI) serving under the United Nations…
RWANDA DEPLOYS JOINT FORCE TO MOZAMBIQUE
Kigali, 10 July 2021
The Government of Rwanda, at the request of the Government of Mozambique is in the process of deploying a 1,000-person…
27th Anniversary of Liberation, Kwibohora27 | Remarks by H.E President Paul Kagame
Rwandans, Friends of Rwanda
I greet you all and wish you a Happy Liberation Day.
Twenty-seven years ago, Rwandans joined hands to liberate our…
Kinigi IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 27th Kwibohora celebration
Musanze, 4 July 2021
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, the…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/10/21
KIGALI, 23 JUNE 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE HAS…
BANGLADESH NATIONAL DEFENCE COLLEGE STUDENTS ON STUDY TOUR IN RWANDA
Kigali, 22 June 2021
A delegation of 47 Senior Military Officers from Bangladesh National Defence College is in Rwanda for a study tour from 20 to 24…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/09/21
KIGALI, 18 JUNE 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS PROMOTED AND…