Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
SENIOR OFFICERS FROM TWELVE AFRICAN COUNTRIES GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 11 June 2022
Forty-eight (48) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and 11 Allied Armed Forces from…
KIDNAPPED RDF SOLDIERS RETURNED
REF: RDF/MPR/A/10/04/22
Kigali, 11 June 2022
Following the kidnap of two RDF soldiers on patrol along the Rwanda-DRC border on 28 May 2022, and the…
DRC fires rockets into Rwanda
REF: RDF/MPR/A/10/03/22
Kigali, 10 June 2022
The DRC armed forces, FARDC, fired two 122mm rockets into Rwanda from the Bunagana area, striking along…
The Government of the Republic of Mozambique officially returns the people of Mocimboa da Praia city to their homes
Today on 9 June 2022, the Joint Forces of Rwanda and Mozambique, started helping the people displaced by the terrorists to evacuate them from a vast…
Members of Rwanda Military Attachés Association pay tribute to the victims of the Genocide against the Tutsi
Kigali, 8 June 2022
Today, members of the Rwanda Military Attachés Association paid tribute to victims of the 1994 Genocide against the Tutsi at…
HEAD OF MINUSCA INAUGURATES A CONFERENCE HALL CONSTRUCTED BY RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Yesterday, 07th June 2022, the Special Representative of Secretary General and Head of United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
THE INSPECTOR GENERAL OF POLICE OF THE MOZAMBIQUE BERNARDINO RAFAEL VISITS PUNDANHAR AND QUIONGA, IN THE NORTH OF PALMA DISTRICT
On Monday 6 June 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael together with Administrator…
EAC FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” KICKS OFF IN UGANDA
Jinja, 3 June 2022
The East African Community member states’ Armed Forces, police personnel and civilian components from 6 countries…
RWANDA SENDS TROOPS TO PARTICIPATE IN EAC MILITARY EXERCISE IN UGANDA
A total of 150 troops of Rwanda Defence Force (RDF) and 36 Rwanda National Police members, were yesterday sent to participate in the 12th East African…
RDF REQUESTS RELEASE OF SOLDIERS
REF: RDF/MPR/A/10/02/22
Kigali, 28 May 2022
Following the provocative aggression by FARDC on 23 May 22, where multiple rockets were fired on…