Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
EAC ARMED FORCES HAND OVER REHABILITATED BOREHOLES TO BUGESERA RESIDENTS
Bugesera, 20 June 2024
The East Africa Community partner states currently conducting the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise, 'Ushirikiano…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bossembele, 20 June 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwabat-2) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024 CONCLUDES ACROSS THE COUNTRY
Kigali, 19 June 2024
Today, the three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024 which was launched on 1 March 2024, in…
THE RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2024 ENDED WITH THE PRESENTATION OF SEVERAL TROPHIES
Kigali, 16 June 2024
Today at Kigali Pele Stadium, the RDF Liberation Cup tournament 2024 concluded with the final football match between the…
APR FC AND RAYON SPORT DRAW 0-0 IN A FRIENDLY FOOTBALL MATCH HELD AT AMAHORO STADIUM
On the 15th, APR FC, a Rwanda Defense Force football team, played a friendly football match against Rayon Sport at the Newly constructed Amahoro…
EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” OPENS IN RWANDA
Bugesera, 13 June 2024
Today, the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise (FTX) dubbed 'USHIRIKIANO IMARA2024' kicked off at Gako, Bugesera…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES AND HANDS OVER PRIMARY SCHOOL TO THE RESIDENTS OF MOCIMBOA DA PRAIA DISTRICT
Cabo Delgado, 11 June 2024
Today, At Escola Primaria de Ntotwe, 25Kms from MdP District, RSF Joint Task Force Comd in Mozambique, Maj Gen Alex…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 10 June 2024
Today, the Chief of General Staff (CGS) of the Central African Republic Armed Forces, Maj Gen Zépherin MAMADOU visited the…
FORTY-NINE SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 7 June 2024
Forty-nine Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and Allied Armed Forces from 10 African…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES A ROAD IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
On Friday 31 May 2024, Rwandan security force (RSF) deployed in Ancuabe district, Cabo Delgado province, Mozambique participated in community work…