Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
APR Volley Ball Club Women celebrates 5 trophies as achievement for last season
Kigali, 25 February 2023
Yesterday, APR Volley Ball Club Women and friends celebrated the last season (2022-2023) achievements including 5 trophies…
Special Representative of the Secretary General in Central African Republic and Head of MINUSCA along with CAR Prime Minister visit Rwandan peacekeepers and local residents in SAM OUANDJA District, CAR.
24 February 2023
Today, the Special Representative of the Secretary-General (SRSG) in Central African Republic and Head of MINUSCA, Ms Valentine…
Handover Ceremony of newly appointed MOD permanent secretary
Kigali, 22 February 2023
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Col Célestin Kanyamahanga assumes office, he takes over from Maj Gen…
Rwanda’s Minister of Defence Maj. Gen Albert Murasira meets with his counterpart from the Kingdom of Netherlands, Hon. Kajsa OLLONGREN
On the sidelines of a summit on Responsible Artificial Intelligence in the Military Domain (REAIM) that was convened in The Hague, the Kingdom of the…
RDF PARTICIPATES IN MULTINATIONAL EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2023
Kigali, 16 February 2023
Rwanda Defence Force has sent military personnel in the multinational exercise codenamed Justified Accord 23 (JA23) from…
European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado,15 February 2023
On Wednesday, 15 February 2023, the European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) General…
CROSS-BORDER SHOOTING VIOLATION BY DRC TROOPS
REF: RDF/MPR/A/10/01/23
Kigali, 15 February 2023
On Wednesday morning at 4h30, FARDC forces estimated to be about one section (12 to 14 soldiers)…
RDF Senior Command and Staff Course Students start National Study Tour on Rwanda's Health Sector
Kigali, 13 February 2023
This morning, the Senior Command and Staff Course 11 started a National Study Tour on “Rwanda's health sector” which will…
Rwanda Security Forces in Mozambique donate scholastic materials to four Schools in Mocimboa da Praia and Palma district
Cabo Delgado, 13 February 2023
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province donated scholastic materials including exercise books and pens to one…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE, CABO DELGADO PROVINCE
Cabo Delgado, 05 February 2023
Mozambique Minister of Defence, Honorable Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with deputy commander of the Mozambican…