Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
INAMA YA GATANDATU Y’ABAYOBOZI B’INGABO ZA RDF NA UPDF BAKORERA HAFI Y’UMUPAKA UHUZA U RWANDA NA UGANDA YASOJE
Mbarara, 2 Ukwakira 2025
Inama y’iminsi itatu y’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza…
RDF AND UPDF CONCLUDE SIXTH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING
Mbarara, 2 October 2025
The Sixth Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division and the Uganda People’s Defence…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN UGANDA
Kabale, 30 September 2025
The sixth Proximity Commanders’ meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS STUDENTS FROM ZAMBIA DEFENCE SERVICES COMMAND AND STAFF COLLEGE
Kigali, 30 September 2025
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen MK Mubarakh, today hosted a delegation of 27 faculty and…
RWANDAN COMMUNITY REPAIRS KAPURI BASIC SCHOOL IN JUBA, SOUTH SUDAN
Juba, 27 September 2025
Rwandan peacekeepers serving under UNMISS; both Army and Police; together with members of the Rwandan community (Diaspora) in…
PRESS RELEASE: RDF SOLDIER INADVERTENTLY STRAYS ACROSS RWANDA BORDER WITH BURUNDI
REF: RDF/DPA/A/10/08/25
Kigali, 24 September 2025
Today, 24 September 2025, Sgt SADIKI Emmanuel, a driver with the RDF, inadvertently strayed…
UNMISS FORCE COMMANDER MEETS FEMALE ENGAGEMENT PEACEKEEPERS IN TORIT, SOUTH SUDAN
Torit, 19 September 2025
The Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Lieutenant General Mohan Subramanian, today met…
REGIONAL MILITARY PERSONNEL COMPLETES BATTLE GROUP COMMANDERS TRAINING OF TRAINERS COURSE
Musanze, 19 September 2025
Today, senior military officers from Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, Rwanda, Uganda, and Comoros, along with…
RWANDA’S DEFENCE MINISTER EMPHASISES THE NECESSITY OF DIALOGUE AT BEIJING XIANGSHAN FORUM
Beijing, China 19 September 2025
At the 12th Beijing Xiangshan Forum today, Rwanda’s Minister of Defence, Hon. Juvenal Marizamunda, participated in a…
RDF AND TPDF PROXIMITY COMMANDERS CONCLUDE SECURITY MEETING IN NGARA DISTRICT
Ngara, 18 September 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) 5th Infantry Division and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) 202 Infantry Brigade…