Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RWANDA SECURITY FORCE HANDOVER MARKET TO RESIDENTS OF MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 30 May 2025
Rwanda Security Force (RSF) officially handed over a newly constructed market facility to the local population of Macomia…
PROXIMITY COMMANDERS OF RWANDA AND TANZANIA STRENGTHEN CROSS BORDER SECURITY
Nyagatare, 29 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 12th Proximity Commanders’…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS RWANDA SECURITY FORCES AHEAD OF DEPLOYMENT TO CABO DELGADO
Kigali, 25 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi, accompanied by the Commissioner of Police Vincent…
RWANDA SECURITY FORCE CONDUCTS COMMUNITY WORK IN MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 24 May 2025
The Rwanda Security Force (RSF) deployed in Macomia District, Mozambique, along with residents of the Mucojo coastal…
RWANDAN PEACEKEEPERS INITIATE ANTI-MALNUTRITION CAMPAIGN IN MALAKAL COUNTY
Malakal, 23 May 2025
Rwandan female Peacekeepers ( Rwanbatt-2), in Malakal under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), conducted a…
MOZAMBICAN TROOPS GRADUATE IN AN ADVANCED INFANTRY COURSE
Mozambique, 23 May 2025
Today, the President of Mozambique and CinC of Mozambique Armed Forces (FADM), His Excellency Daniel Chapo presided over the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS TO STUDENTS
Bria, 22 May 2025
Rwandan peacekeepers, comprising of Rwanda Battle Group VII and Rwanda Level 2+ Hospital, serving under the United Nations…
School authorities commend defence and security organs for constructing ECD Centres
Kigali, 20 May 2025
School authorities have expressed their appreciation to defence and security organs, as well as local authorities, for the…
LOCAL COMMUNITIES COMMEND SECURITY FORCES FOR PROVIDING CLEAN WATER
Kigali, 16 May 2025
Byenene Primary School in Kamonyi District and Mugogwe Primary School in Huye District have expressed their appreciation for the…
RWANDA DEFENCE FORCE CONCLUDES ANTI-GENDER BASED AVIOLENCE WORKSHOP FOR MILITARY SPOUSES
Gisagara, 14 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has successfully concluded Anti-Gender-Based Violence (GBV) workshop aimed at enhancing the…