Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF DEPLOYS MILITARY ENGINEERS TO SUPPORT INFRASTRUCTURE REHABILITATION IN JAMAICA
Kigali, 14 January 2026
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) deployed a contingent of military engineers to Jamaica, a Caribbean island nation, to…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS APR FC TEAM FOR LUNCHEON TO CELEBRATE THE RECENT SUPER CUP VICTORY
Kigali,12 January 2026
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), General MK Mubarakh, today hosted APR FC players and technical…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC AWARDED UN SERVICE MEDALS
Bria, 7 January 2026
Rwandan peacekeepers deployed in Bria, Central African Republic (CAR), were today awarded United Nations service medals in…
RDF INTER-FORCE SPORTS COMPETITION REACHES QUARTER-FINALS
Kigali, 6 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter-Force Sports Competition has progressed to the quarter-final stage following a series…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 29 December 2025
Officers, Men, and Women of the Rwanda Defence Force and other Security Organs, as we close another year, I take this moment…
SECURITY ORGANS IN NORTHERN PROVINCE CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN BURERA DISTRICT
Burera, 23 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE’S PARLIAMENT VISITS RWANDAN SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 23 December 2025
The President of the Parliament of the Republic of Mozambique, Her Excellency Margarida Adamugi Talapa, today visited…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING COURSE
Kirehe, 22 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Infantry Brigade, comprising senior officers, junior officers, and other ranks, has…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA PARTICIPATE IN PUBLIC SPORTS WITH LOCAL GOVERNMENT OFFICIALS
Cabo Delgado, 21 December 2025
The Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado today participated in a…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER RECEIVES MOZAMBIQUE DEPUTY ARMY COMMANDER IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 20 December 2025
Major General Vincent Gatama, Commander of the Rwanda Security Force (RSF) Joint Task Force, today received…