Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
FORMER AFRICAN UN PEACEKEEPERS ENGAGE IN CONVERSATIONS WITH RWANDAN YOUTH
Kigali, 15 August 2025
A group of former United Nations peacekeepers from Ghana and Senegal who served with UNAMIR in 1994 are currently on a…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC RECEIVE UN SERVICE MEDALS
Bossembele- CAR, 12 August 2025
Rwandan peacekeepers (RWABAT-2) under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
RDF MILITARY POLICE TRAINING PROGRAMME CONCLUDES AT GAKO
Bugesera, 8 August 2025
A total of 163 officers and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF) Military Police have today successfully…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS FOR A SECURITY BRIEF ON INTERNAL AND REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 7 August 2025
Defence Attachés (DA) and Associates accredited to Rwanda were hosted today at the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force…
RDF Chief of Defence Staff hosts Sri Lanka Armed Forces delegation
Kigali, 6 August 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS), Gen MK Mubarakh today received at RDF Headquarters, Kimihurura, a…
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
REF: RDF/DPA/A/10/05/2025
Kigali, 5 Kanama 2025
Ubuyobozi bwa RDF buramenyesha ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye mu butabera…
RWANDA DEFENCE FORCE OFFICERS AWARDED BACHELORS DEGREES IN GENERAL MEDICINE, SOCIAL AND MILITARY SCIENCE
Gako, 4 August 2025
Eighty-one Rwanda Defence Force officers were today awarded a bachelors degree after completing academic courses in General…
RWANDA DEFENCE FORCE DONATES LIVESTOCK TO VULNERABLE FAMILIES IN KAYONZA DISTRICT
Kayonza, 1st August 2025
The Rwanda Defence Force today donated livestock (cows and goats) to the vulnerable families in Kayonza District , Ndego…
DEPUTY AIR FORCE CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba, 31 July 2025
Brigadier General Godfrey Gasana, the Deputy Air Force Chief of Staff of the Rwanda Air Force (RAF), is visiting Rwandan…
SRI LANKA DEFENCE SERVICES COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS CONDUCT STUDY TOUR IN RWANDA
Kigali, 31 July 2025
A delegation of senior officers, comprising 18 students and faculty members from the Sri Lanka Defence Services Command and…