Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
YOUTH FROM RWANDAN DIASPORA VISIT RDF AND BRIEFED ON LIBERATION STRUGGLE AND RDF’s TRANSFORMATION JOURNEY
Kigali, 14 July 2023
A delegation of 65 Rwandan youth living in diaspora who are on a two weeks trip to Rwanda, today visited RDF Headquarters and…
RDF mourns fallen Rwandan peacekeeper in MINUSCA
REF: RDF/MPR/A/10/07/23
Kigali, 11 July 2023
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
RDF Spokesperson lectures RICA students on sustaining Rwanda’s achievements
Bugesera, 7 July 2023
Today, the Defence and Military Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga addressed students at the Rwanda Institute for…
Defence Attachés to Rwanda briefed on RDF operations and internal as well as regional security dynamics
Kigali, 5 July 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…
Rugerero IDP Model Village inaugurated as Rwanda marks 29th Liberation Day Celebration
Rubavu, 4 July 2023
On behalf of HE Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, Rt Hon Prime…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT SUCCESSFULLY CONCLUDES IN KIGALI
Nyarugenge, 03 July 2023
The RDF Liberation Tournament concluded today with a final football match between Republican Guard (RG) and Task Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 29 June 2023
More than 3,000 RDF soldiers including senior officers, junior officers and other ranks completed a six months advanced infantry…
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of the Republic of Rwanda pays a courtesy call on Mozambican Armed forces Chief of General Staff
Pemba, 27 June 2023
Today, the Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda, Gen James KABAREBE paid a courtesy call on the…
Kenya Defence Forces Chief of Defence Forces visits RDF Headquarters
Kigali, 27 June 2023
Today, Kenya Defence Forces (KDF) Chief of Defence Forces, General Francis Ogolla visited the Rwanda Defence Force headquarters…
EAC member states Armed Forces exercise “Ushirikiano Imara” winds up
Musanze, 26 June 2023
EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians today concluded a two-week long Command Post Exercise (CPX)…