Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Rwanda Military Hospital selected as centre for plastic surgery
Kigali, 10 January 2019
Rwanda Military Hospital (RMH) has been selected as a training centre in plastic surgery for the College of Surgeons for…
Rwanda Military Hospital to launch first regional oncology facility
Kigali, 28 December 2018
Rwanda Defence Force through Rwanda Military Hospital is set to launch a new cancer centre by January 2019 offering…
END OF THE YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE; TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
25 December 2018
On behalf of the Government of Rwanda, my family and my own behalf, I want to take this moment to wish all officers, men and women…
RDF Special Operations Force gets new trained personnel
Nasho, 21 December 2018
Rwanda Defence Forces (RDF) Special Operations Force got today new personnel after they had undergone eleven months of…
Fifty Rwanda Air Force personnel graduate from the Ethiopian Air Force Academy
Addis Ababa, 20 December 2018

The RDF Air Force Chief of Staff, Maj Gen Charles KARAMBA attended today in Ethiopia a graduation of fifty (50)…
PRESS RELEASE: Update on Kitabi/Nyamagabe incident
Kigali, 17 December 2018
Following Saturday's attack in Kitabi Sector, the RDF has pursued the assailants and killed three while the rest fled in…
PRESS RELEASE
Kigali, 15 December 2018
Today at 1815 hrs in Kitabi Sector of Nyamagabe District in Southern Rwanda, unidentified attackers set fire to three…
RDF Peacekeepers in CAR and South Sudan honored with UN Medals
Bangui/Juba 14 December 2018

Rwanda Defence Force (RDF) peacekeepers serving under both serving under United Nation Mission in South Sudan…
President Kagame concludes the annual Combined Arms Field Training Exercise
Gabiro, 11 December 2018
The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, HE Paul Kagame was the Guest of…
RDF Chief of Defence Staff visits Egyptian Armed Forces
Kigali, 7 December 2018

The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen Patrick Nyamvumba conducted a working visit to Egypt…