Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
THE RDF SOLDIERS GRADUATE FROM THE BASIC MILITARY TRAINING CENTRE, NASHO
Today 21st October 2022, Rwanda Defence Force (RDF) graduated Basic Military Course at Basic Military Training Centre Nasho, after successfully…
Rwanda Security Forces in Mozambique discover a stockpile of weapons and ammunition hidden by Ansar Al sunna terrorists
On 15 October 2022, Rwanda Security Forces involved in Counter Terrorism and Counter insurgency Operations in Cabo Delgado Province of Mozambique…
RDF Junior Command and Staff Course 19/22 graduates from RDF Command and Staff College in Nyakinama, Musanze District
Today on 14th October 2022, 36 officers of the ranks of Major and Captain of the Rwanda Defence Force (RDF) and 2 officers from Rwanda National Police…
Rwandan and Thailand peacekeepers launch campaign against malnutrition in Juba, South Sudan
Today, 11 Oct 22, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan, in partnership with Thailand peacekeepers launched a…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC OFFER TRAINING TO WOMEN ASSOCIATIONS
On 7th October 2022, Rwandan peacekeepers (RWABATT10) in Bangui conducted training of members of Women’s Associations at 5ème Arrondissement, Bangui.
…ZAMBIA DEFENCE SERVICES, COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS VISIT RWANDA
Kigali, 5 October 2022
A delegation of 13 Senior Officers from Zambia Defence Forces (ZDF) currently studying at Zambia Defence Services, Command and…
DEPUTY CHIEF OF GENERAL STAFF OF THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES VISIT TO RWANDA
Kigali, 02 October 2022
The Deputy Chief of General of Staff of the Central African Republic Armed Forces (FACA) in charge of operations, Brig Gen…
CAR President offers dinner reception to Rwanda Bilateral Force
Damara- CAR, 02 October 2022
Yesterday, the President of Central African Republic (CAR), H.E Prof Faustin Archange Touadéra and First Lady invited…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/12/22
Kigali, 29 September 2022
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/11/22
Kigali, 26 September 2022
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA…