Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF PRESS RELEASE – SHOOTING INCIDENT IN NYAMASHEKE DISTRICT
REF:RDF/DPA/A/10/08/24
Kigali, 13 November 2024
Rwanda Defence Force deeply regrets the tragic incident that occurred in a bar in Rusharara Cell,…
RWANDAN PEACEKEEPERS LEAD JOINT COMMUNITY CLEAN-UP IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Bria, 9 November 2024
Rwanda Battle Group VI, operating under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…
RDF participates in a blood donation campaign organised by Rwanda Biomedical Centre
Kigali, 8 November 2024
Rwanda Biomedical Centre organised an annual blood donation campaign focused on RDF personnel from RDF HQs and selected…
Rwandan Peacekeepers conduct Community Outreach in Bria, Central African Republic
Bria, 08 November 2024
Rwandan peacekeepers from the Rwanda Medical IX Level 2+ Hospital, operating under the United Nations Multidimensional…
MAJ GEN (RTD) AMB. FRANK MUGAMBAGE HANDS OVER COMMAND TO MAJ GEN ALEX KAGAME, THE NEW RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF
Kigali, 21 October 2024
Today, the outgoing Reserve Force Chief of Staff (RFCOS) Maj Gen (Rtd) Amb. Frank Mugambage handed over Command…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL AND OTHER SERVICES TO LOCAL COMMUNITY IN SOUTH SUDAN
Durupi, 18 October 2024
The Rwandan Battalion (Rwanbat-3) peacekeepers of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted a series of…
UNMISS FORCE COMMANDER HAILS RWANDAN PEACEKEEPERS FOR THEIR EFFICIENCY AND PROFESSIONALISM
Juba, 17 October 2024
Lt Gen Mohan Subramanian, the Force Commander of the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), has expressed his deep…
UNMISS DEPUTY SECTOR COMMANDER IN UPPER NILE STATE COMMENDS RWANDAN PEACEKEEPERS FOR THEIR ROLE IN IMPROVING SECURITY IN SECTOR NORTH
Malakal, 17 October 2024
Rwandan peacekeepers under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), specifically Rwanbatt2, plays a vital role in…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN MALAKAL CONDUCT MEDICAL OUTREACH FOR DISPLACED PEOPLE
Malakal, 17 October 2024
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-2) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), yesterday conducted a…
IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro…