Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF, NEBRASKA NATIONAL GUARD AND CZECH REPUBLIC TRILATERAL PARTNERSHIP
Kigali, 29 October 2021
A team of US senior military officials led by Maj Gen Daryl BOHAC, Adjutant General of the Nebraska National Guard is in…
RDF OFFERS Â LIVESTOCK AND BEDDINGS TO FAMILIES IN NYARUGURU AND NYAMAGABE DISTRICTS
Nyamagabe, 22 October 2021
Rwanda Defence Force donated livestock to 255 families in Ruheru, Muganza and Kitabi, Buruhukiro sectors in Nyaruguru and…
FLN captives handed over by Burundi to Rwanda at Nemba One stop border post
19 October 2021
11 FLN captives were today handed over by Burundi to Rwanda through the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) at Nemba One…
Statement on cross-border incident in Rubavu District on 18 October 2021
On 18 Oct 2021, Rwanda security forces pursued smugglers who crossed the Rwanda-DRC border at Hehu Cell, Bugeshi Sector, Rubavu District. Rwandan law…
UN Team of experts conducts survey on pre-deployment training and deployment preparation expenses of peacekeeping personnel
Kigali, 18 October 2021
A team of experts from the United Nations in New York is currently in Rwanda from 18th to 21st October 2021 to conduct the…
33 RDF OFFICERS COMPLETE JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE
Musanze, 15 October 2021
Thirty-three officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and three officers from Rwanda National Police (RNP) have…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z'U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
Students, Lecturers of the Claude Bernard University Diploma of Allergology, Lyon, France on a medical training visit at Rwanda Military Hospital
Kigali, 14 October 2021
A delegation of 30 medical students and seven lecturers from French-speaking University Diploma of Allergology (DUFRAL) from…
EAC Armed Forces CIMIC activities contribute in deepening cooperation
Machakos - Kenya, 13 October 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) Medical Contingent treated 1129 patients during the EAC Armed Forces Civil Military…
Malawian Deputy Minister of Defence and delegation visit Rwanda
Kigali, 11 October 2021
The Deputy Minister of Defence, Hon. Jean Muonaowauza Sendeza acompanied by the Commander of Malawi Defence Forces Gen…