Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
EJVM experts honour Genocide victims
Kigali, 31 May 2019
In the afternoon of Friday 31 May, 22 experts from the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) visited the Kigali Genocide…
UNMISS Force Commander Lt Gen Frank MUSHYO KAMANZI ends tour of duty
Juba, 27 May 2019
The Force Commander for the United Nation Mission in South Sudan (UNMISS) Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi, has today bid farewell to…
RDF conducts third full scale Ebola simulation exercise in Rubavu
Rubavu, 24 May 2019
In the context of the on-going of the Ebola outbreak in DRC that was declared on 1 August 2018, a partnership between Rwanda…
Gen Nyamvumba officiates APORA VII closing ceremony
Kigali, 22 May 2019
Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS), Gen Patrick Nyamvumba today presided over the closing ceremony of the seventh…
Nigeria National Defence College students on study tour in Rwanda
Kigali, 20 May 2019
A delegation of 27 senior military officers from the National Defence College of Nigeria is in Rwanda for a regional study tour…
RDF hosts seventh African Partner Outbreak Response Alliance (APORA 2019)
Kigali, 20 May 2019
Rwanda Defence Force (RDF); through Rwanda Military Hospital and in partnership with the United States Air Forces Africa, is…
National Security Symposium 2019 wraps up at RDF Command and Staff College
Musanze, 15 May 2019
The three-day National Security Symposium 2019 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
Minister of Defence officially opens National Security Symposium 2019
Musanze, 13 May 2019
Minister of Defence Maj Gen Albert Murasira today opened the seventh National Security Symposium hosted by Rwanda Defence Force…
Rwanda Defence Force resumes blood donation campaign
11 May 2019
Rwanda Defence Force (RDF) and the National Centre (NBTC) for Blood Transfusion on Saturday resumed a blood donation drive in various…
RDF Command and Staff College to host the Seventh National Security Symposium
11 May 2019
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) in collaboration with the University of Rwanda (UR) will hold a three-day…