Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF along with US Army medical personnel conduct medical outreach in Bugesera district
Bugesera, 7 August 2023
Rwanda Defence Force in collaboration with United States Africa Command (USAFRICOM) and Nebraska National Guard have today…
Maj Gen Alex Kagame takes over the Joint Task Force Command in Mozambique
Today, 04 August 2023, the outgoing Rwanda Security Forces Joint Task Force (JTF) in Mozambique handed over to incoming Contingent after one-year tour…
President of Mozambique visits Rwanda Security Forces in Palma District, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 3 August 2022
Today, the President of the Republic of Mozambique H E Filipe Jacinto Nyusi visited the Rwandan Security Forces in Palma…
RDF Army Chief of Staff sees off relief force departing to Cabo Delgado, Mozambique
Kigali, 31 July 2023
Today, on behalf of the CDS, the RDF Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen V NYAKARUNDI along with Deputy Inspector General of…
PRESS RELEASE
REF: RDF/MPR/A/10/08/23
Kigali, 28 July 2023
Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…
Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado, 22 July 2023
The Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese in Cabo Delgado Province, Dom Antonio Juliasse Sandramo along…
Rwandan peacekeeper Sgt Tabaro Eustache laid to rest
Kigali, 18 July 2023
Today, Rwandan Peacekeeper Sgt Tabaro Eustache who recently lost his life in Central African Republic was laid to rest in full…
Zigama CSS records a 22.8 billion net profit
Kigali, 18 July 2023
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 22.8 Billion for the year 2022. It is an increase…
EAC ARMED FORCES, POLICE AND CIVILIANS’ DELEGATES DEVELOP CONCEPT FOR THE EAC FIELD TRAINING EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2024
Nyamata, 17 July 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians’ delegates begun a three-day Concept Development…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF BRIEFS SECURITY FORCES READY TO RELIEVE THEIR COLLEAGUES IN CABO DELGADO, MOZAMBIQUE
Kigali, 15 July 2023
Today, Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga met Security Forces ready to deploy to Cabo…