Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR CONDUCT COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 25 November 2025
Today, Rwandan Peacekeepers (Rwanbatt 1), serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission…
UMUNYAMABANGA WA LETA MU NTARA YA CABO DELGADO YASUYE INGABO Z' U RWANDA MURI MOCĂŤMBOA DA PRAIA
MocĂmboa da Praia, 22 Ugushyingo 2025
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego…
SECRETARY OF STATE FOR CABO DELGADO PROVINCE VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
MocĂmboa da Praia, 22 November 2025
The Secretary of State for Cabo Delgado Province, Fernando Bemane de Sousa, conducted an official visit today…
DEFENCE SPOKESPERSON DELIVERS LECTURE TO FACULTY STAFF AND STUDENTS FROM UNIVERSITY OF ZAMBIA
Kigali, 20 November 2025
Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, today delivered a lecture to a group of 20 students and faculty members…
UMUYOBOZI MUKURU MU NGABO Z’U RWANDA USHINZWE UBUFATANYE BWA GISIRIKARE N’ABASIVILI YAGANIRIJE URUBYIRUKO RURI MU MAHUGURWA Y’UBURERE MBONERAGIHUGU MU KIGO CY’IGIHUGU CY’UBUTORE
Burera, 19 Ugushyingo 2025
Kuri uyu munsi, Umuyobozi mukuru mu ngabo z’u Rwanda ushinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili (Chief J9), Col.…
RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH UNDERGOING CIVIC EDUCATION AT THE NATIONAL UBUTORE DEVELOPMENT CENTRE
Burera, 19 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (Chief J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, addressed…
IRUSHANWA RY’IMIKINO IHUZA AMAKIPE YO MU NGABO Z’U RWANDA RYATANGIJWE
Kigali, 18 Ugushyingo 2025
Ingabo z’u Rwanda uyu munsi zatangije ku mugaragaro amarushanwa y’imikino ihuza abasirikare y’umwaka wa 2025–2026.
Iri…
RDF LAUNCHES INTER-FORCE COMPETITION 2025–2026 EDITION
Kigali, 18 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF), today officially launched the 2025–2026 Inter-Force Sports Competition, an annual event that…
RDF RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS IN NORTHERN PROVINCE
Musanze, 12 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Reserve Force Chief of Staff, Major General Alex Kagame, together with the Governor of…
THE FUTURE OF AFRICA’S MILITARY EDUCATION LIES IN COLLABORATION, INNOVATION, AND TECHNOLOGY INTEGRATION – GEN MK MUBARAKH
Kigali, Rwanda – 12 November 2025
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, has urged African military colleges to…