Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
NEWLY APPOINTED CDS AND ACOS ASSUME RESPONSIBILITIES
Kigali, 06 June 2023
The newly appointed RDF Chief of Defence Staff (CDS) Lt Gen Mubarakh MUGANGA and RDF Army Chief of Staff (ACOS) Maj Gen Vincent…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/04/23
Kigali, 06 June 2023
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED COL…
Students of Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit Rwanda Defence Force Command and Staff College
Musanze, 27 May 2023
A delegation of the Joint Command and Staff Course at Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies in Qatar comprised of 37…
Students from Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit RDF
Kigali, 24 May 2023
Today at the Defence Headquarters, RDF Army Chief of Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga received a delegation of students, faculty…
HON MINISTER OF DEFENCE CLOSING REMARKS AT THE TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM
Kigali, 19 May 2023
- Hon Ministers
- The Chief of Defence Staff
- Service Chiefs
- Excellency Ambassadors
- The Vice Chancellor, University of…
TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM OPENS IN KIGALI
Kigali, 17 May 2023
The tenth National Security Symposium 2023 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and the…
Rwandan peacekeepers hand over rehabilitated classrooms in Bangui
On 12th May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABATT10) officially handed over six (6) rehabilitated classrooms of ECOLE KINA to the Ministry of Education.…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE DISTRICT
Cabo Delgado, 07 May 2023
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces (RSF)…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 05 May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABAT2) under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…
Students from Ghana Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 01 May 2023
A delegation of students and members of faculty from Ghana Armed Forces Command and Staff College are on study tour in Rwanda…