Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Faculty members and students from Zambia Defence Services Command and Staff College, visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 2 October 2023
Today, a delegation composed of 20 Faculty and students’ officers from Zambia Defence Services Command and Staff College,…
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province plays a friendly football match with Mozambique Forces (FADM)
On 30 September 2023, Rwanda Security Forces (RSF-3) Football team played a friendly match with FADM. The event was organised between FADM and RSF as…
The General Commander of the Mozambican Police, Bernardino Raphael, visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today 1 October 2023, the General Commander of Police of the Republic of Mozambique, Inspector General of Police Bernardino Raphael, accompanied by…
CAR President HE Prof Touadéra joins Rwanda Bilateral Force in community work in Bangui City
Today, 30 September 2023, the Central African Republic (CAR) President, HE Prof Faustin Archange Touadéra joined Rwanda Bilateral Force deployed in…
Rwanda hosts the initial planning conference for EAC Armed Forces Field Training Exercise Ushirikiano Imara 2024
Nyamata, 26 September 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel, Prisons, Immigration and civilians’ delegates begun a three-day…
Rwanda Security Force (RSF) conducts Joint community work to clean Mocimboa da Praia and Palma cities of Cabo Delgado Province - Mozambique.
Today 23 Sep 23 Joint Security Forces (RSF and FADM) carried out joint community work (Umuganda) in Palma and Mocimboa da Praia cities. This event was…
Joint Task Force Commander hosts and presides over an operational meeting at Rwanda Security Force (RSF) HQ in Mocimboa da Praia Town
Today, 23 September 2023, Maj Gen A Kagame the JTF Commander received at RSF HQs a delegation led by FADM Head of Operations, Brig Gen Chongo Vidigal,…
Rwandan peacekeepers in Central African Republic decorated with UN service medals
Bria- CAR, 20 September 2023
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group V and RWAMED VIII LEVEL2+ Hospital) under United Nations…
Faculty members and participants of Executive Intelligence Management Course from the National Institute for Security Studies, Abuja Nigeria- visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 19 September 2023
Today, a delegation composed of 22 Faculty and Course participants from National Institute for Security Studies (NISS)…
Rwanda Security Force conduct community work to clean coastal town of Mocimboa da Praia district, Cabo Delgado Province - Mozambique
On Saturday, 16 September 2023, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique, Northern Province of Cabo Delgado, conducted community work,…