Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN BILATERAL FORCES IN CAR
Bangui, 2 December 2025
The Army Chief of Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, together with the Chief of…
SECURITY ORGANS CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN GAKENKE
Gakenke, 2 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
RWANDA SECURITY FORCES PROVIDE SPORTS KITS TO YOUTH IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA CITY
Cabo Delgado, 29 November 2025
As part of their Civil-Military Cooperation (CIMIC) and Community Policing initiatives, the Rwanda Security Forces…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES ENROL NEW SOLDIERS TRAINED BY RDF INSTRUCTORS
Bangui, 29 November 2025
The Central African Republic Armed Forces (FACA) have officially enrolled 545 new soldiers who completed their basic…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE VISITS RWANDA SECURITY FORCE IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
Cabo Delgado, 29 November 2025
Mozambican President, H.E. Daniel Francisco Chapo, today visited the Rwanda Security Force (RSF) deployed in Ancuabe…
RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS FROM SOUTHERN PROVINCE
Muhanga, 28 November 2025
The Rwanda Defense Force (RDF) Chief of Staff of the Reserve Force, Major General Alex Kagame, held a meeting today with…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISIT TOÂ RWANDAN PEACEKEEPERS IN BANGUI CITY
Bangui, 28 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent NYAKARUNDI, and his delegation visited RDF…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA VISIT MUTOBO DEMOBILISATION AND REINTEGRATION CENTRE AND RDF SENIOR COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 28 November 2025
Defence Attachés (DAs) accredited to Rwanda today visited the Mutobo Demobilisation and Reintegration Centre in Musanze…
THE MINISTRY OF DEFENCE HOSTED A GALA DINNER FOR DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA
Kigali, 28 November 2025
Last night, the Ministry of Defence hosted an end-of-year gala dinner for defence attachés and associates accredited to…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA RECEIVE BRIEFING ON THE CURRENT SECURITY SITUATION
Kigali, 27 November 2025
Today, the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force (RDF) hosted Defence Attachés and Associates accredited to Rwanda for a…