Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RWANDA DEFENCE FORCE CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH IN ISONGA NATIONAL SPORTS
Huye, 19 December 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (J9), Colonel Désiré Migambi Mungamba, yesterday addressed 477…
DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON ADDRESSES MINISTRY OF HEALTH OFFICIALS IN HEALTH SECTOR RETREAT
Bugesera, 18 December 2025
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, on Thursday delivered a lecture to Ministry of Health officials,…
RDF CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ENGAGES YOUTH OF ITORERO RY’URUNGANO AT THE NATIONAL UBUTORE DEVELOPMENT CENTER
Burera, 15 December 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Civil–Military Cooperation (J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, engaged with…
ZIGAMA CSS HOLDS GENERAL ASSEMBLY AND APPROVES 2026 BUSINESS PLAN
Kigali, 12 December 2025.
ZIGAMA Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) General Assembly convened today at the RDF Headquarters in Kimihurura, to…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/14/08/25
Kigali, 12 December 2025
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS PROMOTED RDF PERSONNEL AS…
RDF AND UPDF STRENGTHEN CROSS-BORDER TIES WITH THE THIRD PROXIMITY FRIENDLY FOOTBALL MATCH IN KABALE
Kabale, Uganda, 06 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) 2 Infantry Division visited the Uganda People’s Defence Force (UPDF) 2nd Division…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING
Gabiro, 6 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Chief of Defence Staff, Gen MK Mubarakh, today presided over the pass-out ceremony of a…
RDF AND TPDF CONCLUDE 14TH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING IN NGOMA DISTRICT
Ngoma, 04 December 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) concluded the 14th Proximity Commanders’…
RDF RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF MEETS WITH SOUTHERN PROVINCE RESERVISTS
Huye, 4 December 2025
Today, Major General Alex Kagame, the Rwanda Defence Force (RDF) Reserve Force Chief of Staff, met with reservists from five…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND TPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS
Ngoma, 02 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 14th Proximity Commanders’…