Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RWANDA PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL TREATMENT IN BRIA TOWN
Bria, 28 May 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Battle Group VI), operating under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission…
RWANDA DEFENCE FORCE AND UGANDA PEOPLE'S DEFENCE FORCE MEET TO DISCUSS CROSS-BORDER SECURITY ASPECTS
Nyagatare, 28 May 2024
Today, in Nyagatare District, the Rwanda Defence Force (2nd and 5th Divisions) received a delegation from Uganda People’s…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT COMPETES FOR THE SEMI-FINALS
Kigali, 26 June 2024
Yesterday, the Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament held its quarter-final matches. The football and volleyball teams…
H.E. PRESIDENT FAUSTIN-ARCHANGE TOUADÉRA JOINED RWANDA PEACEKEEPERS IN COMMUNITY WORK
Bangui, 25 May 2024
Today, His Excellency Professor Faustin-Archange Touadéra, President of the Central African Republic, joined Rwanda Peacekeepers…
MALIAN ARMED FORCES DELEGATION VISITS RDF HQS
Kigali, 22 May 2024
Today, a delegation from the Malian Armed Forces, led by Col Cheick Mamadou Cherif TOUNKARA, visited MOD/RDF Headquarters. They…
The eleventh National Security Symposium opens in Kigali
Kigali, 22 May 2024
The eleventh National Security Symposium 2024 jointly organised by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
RDF HAND OVER A NEWLY CONSTRUCTED HOUSE TO WIDOW
Gatsibo, 17 May 2024
Today, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024, the Rwanda Defence Force (RDF) in collaboration…
RDF MEDICAL PERSONNEL AND THE MINISTRY OF HEALTH BEGIN TO TREAT 5000 CATARACT PATIENTS
Rulindo, 16 May 2024
Today at Rutongo District Hospital in Rulindo district, as part of the Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024,…
FACULTY MEMBERS AND STUDENTS FROM THE ROYAL COLLEGE OF DEFENCE STUDIES VISIT RDF HQS
Kigali, 15 May 2024
Today, a delegation of 22 faculty and student officers from the Royal College of Defence Studies of the United Kingdom visited…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS NEW CONTINGENT SET TO DEPLOY IN MOZAMBIQUE
Kigali, 14 May 2024
Today at Kami Military Barracks, Maj Gen Vincent Nyakarundi, the RDF Army Chief of Staff together with Commissioner of Police…