Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda visits Rwanda Security Forces in Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 June 2023
The Senior Defence and Security Advisor to H.E. the President of Rwanda and Commander-In-Chief of Rwanda Defence Force,…
RDF Liberation Cup Tournament Competition reaches Quarter-Finals
Kigali, 21 June 2023
The Rwanda Defence Force Liberation Cup Tournament has reached the quarter finals.
Teams that qualified played today with…
EAC ARMED FORCES COMMAND POST EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA’’ KICKS-OFF IN MUSANZE
Musanze, 18 June 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians have kicked off an East African Community (EAC) 13th…
MMI Staff pay tribute to victims of Genocide against Tutsi and support vulnerable survivors
Kigali, 16 June 2023
Today, the Military Medical Insurance (MMI) Staff commemorated the 29th anniversary “Kwibuka 29” of the 1994 Genocide against…
Students from German Armed Forces Command and Staff College visit RDF
Kigali, 12 June 2023
A delegation of 20 students and members of faculty from the German Armed Forces Command and Staff College in Hamburg is on a…
SENIOR OFFICERS FROM ELEVEN AFRICAN COUNTRIES GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 09 June 2023
Forty-eight (48) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and 17 from Allied Armed Forces on…
A delegation from the French Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 8 June 2023
A delegation from the French Armed Forces (FAF) led by Brig Gen Fabien KUZNIAK, Head of Southern Bilateral Cooperation Department…
RDF PRESS RELEASE – APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/06/23
Kigali, 08 June 2023
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPOINTED LT…
Newly appointed Minister of Defence assumes responsibilities
Kigali, 7 June 2023
The newly appointed Minister of Defence, Hon. Marizamunda Juvenal has officially assumed his responsibilities today after a…
RDF PRESS RELEASE – DISMISSALS AND RESCISSION OF SERVICE CONTRACTS IN THE RDF
REF: RDF/MPR/A/10/05/23
Kigali, 07 June 2023
HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS DISMISSED FROM RDF MAJ…