Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
THE 19TH AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS OF AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES KICKS OFF IN KIGALI
10 November 2025
The 19th African Conference of Commandants (ACoC) of African Command and Staff Colleges officially kicked off today in Kigali,…
RWANDA SECURITY FORCE IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA JOINS RESIDENTS IN COMMUNITY WORK
Cabo Delgado, 8 November 2025
Today, the Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado joined local…
RDF PRESS RELEASE: RWANDA TO HOST THE 19TH AFRICAN CONFERENCE OF COMMANDANTS OF AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES
REF: RDF/DPA/A/13/08/25
Kigali, 7 November 2025
The Republic of Rwanda will host the 19th African Conference of Commandants (ACoC) from 10 to 12…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF KENYA DELIVERS A LECTURE TO SENIOR OFFICERS AT RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 06 November 2025
The Chief of Defence Forces of the Kenya Defence Forces (CDF-KDF), General Charles Muriu Kahariri, today visited the Rwanda…
THE CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE URGES THE HEADS OF BASIC EDUCATION SCHOOLS TO PROMOTE RWANDA’S HISTORY AMONG THE YOUTH
Burera, 5 November 2025
The Chief of Civil–Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE KENYA DEFENCE FORCES VISITS THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 5 November 2025
The Chief of Defence Forces of the Kenya Defence Forces (CDF-KDF), General Charles Muriu KAHARIRI, is on a working visit to…
MOZAMBIQUE CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS THE RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 30 October 2025
Today, the Chief of the General Staff of the Mozambican Armed Forces (CGS), General Júlio dos Santos Jane, accompanied…
RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION HIGHLIGHTS THE ROLE OF UNITY AND RESILIENCE IN BUILDING A STRONG AND UNITED RWANDA AT THE ANNUAL UNITY AND RESILIENCE FORUM IN GASABO
Kigali, 28 October 2025
Today, the Chief of Civil-Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force, Colonel Désiré Migambi Mungamba,…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE GRADUATES IN MUSANZE DISTRICT
Musanze, 24 October 2025
Today, a total of 75 officers comprising 71 from the Rwanda Defence Force, two from the Rwanda National Police (RNP), and…
LAND FORCES COMMANDERS SYMPOSIUM CONCLUDES IN KIGALI
Kigali, 22 October 2025
The two-day Land Forces Commanders Symposium held in Kigali concluded with productive discussions aimed at inspiring African…