Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Defence and Security practitioners discuss emerging military technologies and International Humanitarian Law
Kigali, 14 May 2024
Today, the representatives from African military and security agencies convened in Rwanda to raise awareness on emerging…
UNITED NATIONS DELEGATION VISIT RWANDA AIR FORCE HEADQUARTERS
Kigali, 13 May 2024
This morning, a delegation from the United Nations, led by Michael Mulinge KITIVI, Director of the Uniformed Capability Support…
RWANDA DEFENCE FORCE PERSONNEL COMPLETE SAFETY DRIVING AND TRAFFIC MANAGEMENT COURSE
Kigali, 9 May 2024
Today, 195 Rwanda Defence Force Personnel completed a seven-months Driving and Traffic Management course held at Kanombe Barracks…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR DECORATE UNITED NATIONS MEDALS
Bangui, 09 May 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-12) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
Rwanda Defence Force and Tanzania People’s Defence Forces meet in Eastern Province
Eastern Province, 8 May 2024
From Tuesday 7 May 2024 Rwanda Defence Force 5 Division received a delegation from Tanzania People’s Defence Force…
RWANDAN PEACEKEEPERS (RWABATT12) IN CAR HAND OVER YAPELE MATERNITY FACILITY
Bangui, 07 May 2024
Today, Rwandan Peacekeepers (RWABATT12), in collaboration with the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization…
CHIEF OF THE GENERAL STAFF OF ARMED FORCES OF SENEGAL VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 6 May 2024
Today, General Mbaye Cissé, the Chief of the General Staff of Armed Forces of Senegal, along with his delegation, visited the…
RDF Medical Personnel treat patients in Nyamasheke and Ruhango districts
In the context of the ongoing three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024, medical personnel from the Rwanda Military Hospital,…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/02/24
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE ESTABLISHMENT OF THE RDF MILITARY…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN, MEETS UNMISS HEAD OF MISSION AND SOUTH SUDAN CHIEF OF DEFENCE FORCES.
Juba- South Sudan, 01 May 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen Vincent Nyakarundi today visited RDF peacekeepers…